APR FC yasabwe gufana Gor Mahia kugirango itsinde Rayon Sports

Ikipe ya Gor Mahia yo muri Kenya, yasabye abafana ba APR FC, kuyishyikira mu gihe iraba ikina na Rayon Sports mu mukino wa nyuma muri CECAFA Kagame Cup 2026. Kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 7 Kanama 2026, ni bwo kuri Stade Amahoro hateganyijwe imikino ya nyuma mu irushanwa rihuza amakipe yitwaye neza muri Afurika…

Ikipe ya Gor Mahia yo muri Kenya, yasabye abafana ba APR FC, kuyishyikira mu gihe iraba ikina na Rayon Sports mu mukino wa nyuma muri CECAFA Kagame Cup 2026.

Kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 7 Kanama 2026, ni bwo kuri Stade Amahoro hateganyijwe imikino ya nyuma mu irushanwa rihuza amakipe yitwaye neza muri Afurika y’Iburasirazuba n’iyo Hagati.

Umukino wa nyuma urahuza Rayon Sports na Gor Mahia, ndetse abafana b Rayon Sports bagaragaje ko bazashyigikira ikipe yabo uko byagenda kose muri uyu mukino bakegukana irushanwa.

Ubwo Gor Mahia iheruka gukinira kuri Stade Amahoro yahuye na APR FC yashyigikiwe n’abafana ba Rayon Sports iyinyagira ibitego 5-0, byanatumye iyi kipe y’Ingabo z’Igihugu isezererwa mu matsinda.

Nubwo yayisezereye, Gor Mahia yanyujije ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga zayo, isaba abafana ba APR FC kuyishyigikira kugira ngo ihangane na Rayon Sports iri mu bihe byiza.

Yagize iti “Bafana ba APR mureke duhure, hari ibyo twumvise bihwihwiswa. Ni byo koko muradushyigikira? Mureke twihuze hanyuma dusoze akazi mu nzira nziza, turabakunda APR.”

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda akaba n’Umuyobozi w’Icyubahiro Wungirije wa APR FC, Gen Mubarakh Muganga, aherutse gusaba abafana b’iyi kipe kutavugiriza induru Rayon Sports, ubwo yari igiye gukina na KVZ SC, nk’uko abafana bayo babikoze yo ikina na Gor Mahia F.C.

Yagize ati “Bayobozi b’amatsinda y’abafana, mwaramutse kandi impera z’icyumweru nziza. Munyemerere mbasabe kuganiriza abafana bacu, ko mbere ya byose twebwe turi bene Kanyarwanda. Numvise ko ngo hari abitegura kujya kuvugiriza induru ikipe ya mukeba, ngo kuko na yo ari ko ijya ibikora, ndetse yanabikoze dukina na Gor Mahia.”

“Kuri APR FC ni ikizira kandi cyane. Ni ahanyu rero. Bareke APR ikomeze kubahiga, kandi igisubizo cyiza izajya igitangira mu kibuga cyangwa twerekana ubukeba bitari imbere y’abanyamahanga badusuye. Ibi ntibikabe. Ahasigaye ni ah’ejo nimugoroba dukotana. Abasore babakeneye ubu kurusha ikindi gihe cyose.”

Gor Mahia yifuza gutsinda Rayon Sports ikegukana CECAFA Kagame Cup 2026

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *