Hull City yatunguye Manchester United iyitsinda ibitego 2-0 ku mukino wa mbere wa Premier League

Sangiza iyi nkuru

Manchester United yatangiye nabi umwaka w’imikino wa Premier League 2026/27, nyuma yo gutsindwa na Hull City ibitego 2-0 mu mukino wabereye kuri Stade ya MKM.

Uyu mukino wari utegerejwe n’abakunzi ba Manchester United, cyane cyane nyuma y’uko iyi kipe yari isoje umwaka ushize iri mu bihe byiza iyobowe n’umutoza Michael Carrick. Icyakora, Hull City yagaragaje umukino ukomeye, irwana ku mipira yose ndetse yifashisha neza amakosa yakozwe n’ubwugarizi bwa Manchester United.

Hull City yafunguye amazamu ku munota wa 17, ubwo myugariro Semi Ajayi yabyazaga umusaruro ikosa ryakozwe n’abakinnyi ba Manchester United mu bwugarizi.

Ikipe yari imaze kuzamuka mu cyiciro cya mbere nyuma y’imyaka icyenda itagaragaramo, yakomeje gusatira ndetse ku munota wa 38 ibona igitego cya kabiri. Nobel Mendy yatsinze n’umutwe nyuma y’umupira wari uturutse kuri koruneri, bituma Hull City ijya kuruhuka iyoboye 2-0.

Mu gice cya kabiri, Michael Carrick yakoze impinduka agamije guhindura umukino, aho yinjijemo Marcus Rashford wari ugarutse gukinira Manchester United mu mukino w’amarushanwa nyuma y’iminsi 618 adakina.

Nubwo kugaruka kwa Rashford kwari kwitezweho guhindura isura y’umukino, Manchester United ntiyabashije kubona igitego. Yagerageje gusatira kenshi, ariko uburyo bwiza yabonye ntibubyazwamo umusaruro.

Bryan Mbeumo yabonye uburyo bwiza bwo gutsinda, ariko umunyezamu wa Hull City, Konstantinos Tzolakis, akuramo umupira neza, akomeza gufasha ikipe ye kurinda intsinzi.

Nyuma y’umukino, kapiteni wa Manchester United, Bruno Fernandes, yemeye ko ikipe ye yongeye gukora amakosa asa n’ayo yakoraga mu mwaka ushize, cyane cyane mu bwugarizi no ku mipira y’imiterekano.

Umutoza Michael Carrick na we yavuze ko ababajwe n’uko batangiye shampiyona batsinzwe, ariko ashimangira ko uwo musaruro utazaca intege ikipe ye. Yavuze ko bagomba gukosora amakosa bakoze mbere y’imikino itaha.

Ku ruhande rwa Hull City, Semi Ajayi yashimye bagenzi be ku mukino mwiza berekanye, avuga ko batigeze baha agaciro ibitekerezo by’ababakebaga mbere y’uko shampiyona itangira, ahubwo bakizera ubushobozi bwabo.

Iyi ntsinzi yahesheje Hull City amanota atatu ku munsi wa mbere wa Premier League, mu gihe Manchester United yatangiye shampiyona iri mu gitutu. Abakunzi b’iyi kipe basabye ubuyobozi gukomeza gushaka abakinnyi bashobora kongera imbaraga mu bwugarizi mbere y’uko isoko ry’igura n’igurisha rifunga.

Manchester United ubu irasabwa kwisuganya vuba, mu gihe Hull City yo yatangiye urugendo rwayo muri Premier League 2026/27 mu buryo bushimishije, nyuma yo gutsinda imwe mu makipe akomeye muri iyi shampiyona.

YANDITSWE NA HAKIZIMANA ZAWADI

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *