APR FC Ntiyabashije kwitwara neza ku mukino wayo wambere mu irushanwa rya CAF Champions League.

Sangiza iyi nkuru

APR FC ntiyabashije kwitwara neza Ikipe yo muri repuburika iharanira demokarasi ya Congo Les Aigles du Congo yayitsinze igitego 1-0 mu mukino ubanza w’ijonjora rya CAF Champions League wabereye kuri Sitade Frédéric-Kibassa-Maliba i Lubumbashi, kuri iki Cyumweru, tariki ya 6 Nzeri 2026.

Umukino watangiye amakipe yombi yitwara neza, buri ruhande rugaragaza ishyaka ryo gushaka insinzi, amakipe yombi yagerageje kurema uburyo bwo gutsinda mugice cyambere Mu gihe byasaga n’aho igice cya mbere kiri kurangira amakipe anganya ubusa ku busa, “Soze Zemanga” yaje gufungura izamu ku munota wa wa 44 aya ma ekipe ajya kuruhuka Les Aigles du Congo iyoboye n’ igitego kimwe.

Mu gice cya kabiri, APR FC yagarutse ishaka igitego cyo kwishyura, ikoresha imbaraga nyinshi ariko ba myugariro bi ikipe ya Les Aigles du Congo n’umunyezamu wabo bakomeje gukanira ,baburizamo uburyo bwose bwageragejwe n’iyi kipe y’Ingabo z’Igihugu.

Les Aigles du Congo ntiyacitse intege nayo yakomeje gusatira ishaka igitego cya 2 kugira ngo izakine umukino wo kwishyura ifite amahirwe menshi yo kuguma mw’ irushanwa ariko inanirwa kubyaza umusaruro uburyo yabonye. Umukino warangiye ari igitego 1-0, biha iyi kipe yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo intsinzi kumukino wambere muri iri rushanwa.

Nyuma y’ifirimbi ya nyuma irangiza umukino umukinnyi wa APR FC Ronald Ssekiganda yahawe ikarita itukura nyuma yo kutavuga rumwe abasifuzi, ubwo uyu mukinnyi yavugagako atishimiye uburyo abasifuzi bitwaye muri uyu mukino.

APR FC iracyafite amahirwe yo gukomeza. Umukino wo kwishyura uteganyijwe ku wa Gatanu, tariki ya 11 Nzeri 2026, saa 18:00, kuri Kigali Pelé Stadium, aho APR FC izaba isabwa gutsinda ibitego 2–0 kugirango ikomeze mukiciro gikurikira cya CAF Champions League.

YANDITSWE NA HAKIZIMANA ZAWADI

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *