Umukinnyi w’umupira w’amaguru Kimenyi Yves n’umunyamideli akaba n’uwabaye Miss Photogenic wa Miss Rwanda 2019, Uwase Muyango, batangiye inzira yo gutandukana mu mategeko, nyuma y’imyaka mike basezeranye.
Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 14 Kanama 2026, aba bombi bitabye Urukiko rw’Ibanze rwa Kibagabaga, aho hatangiye kuburanishwa urubanza rurebana no gutandukana kwabo.
Iburanisha ryabereye mu muhezo, nk’uko bisanzwe bigenda ku manza zirebana n’imibanire y’umuryango.
Nubwo bari bitabye urukiko mu rubanza rwo gutandukana, abari bahari babonye Kimenyi Yves na Muyango bicaye begeranye ndetse baganira mu ituze. Nta makimbirane agaragara yabonetse hagati yabo muri ako kanya.


Gutandukana kwabo kuje nyuma y’igihe havugwa ibibazo mu rugo
Intambwe yo kujya mu rukiko ije nyuma y’igihe havugwaga amakuru ko aba bombi batakibana nk’umugabo n’umugore.
Icyakora, kugeza ubu, nta we muri bo wari wigeze atangaza ku mugaragaro ko umubano wabo wageze ku musozo cyangwa ngo atange ibisobanuro birambuye ku byari biri kubera mu rugo rwabo.
Kimenyi Yves na Uwase Muyango basezeranye imbere y’amategeko ku wa 2 Mutarama 2024, nyuma y’iminsi mike bakora ubukwe bwitabiriwe n’ibyamamare n’abandi bantu batandukanye.
Ubukwe bwabo bwabaye ku wa 6 Mutarama 2024, basezeranywa na Bishop Emmanuel Karemera muri Living Word Church.

Urukundo rwabo rwatangiye kuvugwa kuva mu 2019
Umubano wa Kimenyi Yves na Muyango watangiye kuvugwa cyane mu 2019, ubwo Muyango yari amaze kwamamara nyuma yo kwegukana ikamba rya Miss Photogenic muri Miss Rwanda 2019.
Muri icyo gihe, Kimenyi na we yari umwe mu banyezamu bakomeye mu mupira w’amaguru mu Rwanda, akaba yarakiniye amakipe akomeye ndetse n’Ikipe y’Igihugu Amavubi.
Muri Gashyantare 2021, Kimenyi yambitse Muyango impeta y’urukundo, amusaba ko yazamubera umugore.
Muri Kanama uwo mwaka, bibarutse umwana w’umuhungu bamwita Kimenyi Miguel Yanis, mbere y’uko nyuma yaho bakomeza gutegura ubuzima bwabo bw’urugo ndetse bakaza gukora ubukwe.

Kimenyi Yves mu makipe akomeye
Kimenyi Yves ni umwe mu bakinnyi b’abanyarwanda bamaze igihe mu mupira w’amaguru, aho yakiniye amakipe atandukanye akomeye arimo APR FC, Rayon Sports, Kiyovu Sports na AS Kigali.
Yanambaye umwambaro w’Ikipe y’Igihugu Amavubi, aho yagiye ahagararira u Rwanda mu marushanwa no mu mikino mpuzamahanga itandukanye.
Kugeza ubu, urubanza rwa Kimenyi Yves na Uwase Muyango rurakomeje, kandi ibyemezo by’urukiko ku cyifuzo cyabo cyo gutandukana biracyategerejwe.
YANDITSWE NA HAKIZIMANA ZAWADI





